Author: Magnifique Mukantwali

Kuri uyu wa 20 Mutarama 2026, Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Regis Rugemanshuro ubwo yitabaga imbere Abadepite bagize Komisiyo y’Imibereho Myiza y’Abaturage baganiriye kuri raporo y’igenzura ricukumbuye ry’imyaka 10 (2015–2025) ku micungire y’ishami rya pansiyo. Mu gihe raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta igaragaza ko ishoramari rinini rya RSSB ryatinze gutanga inyungu kandi ritarageze ku ntego zateganyijwe, ubuyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), buravuga ko ubu ibintu byahindutse, aho mu mwaka wa 2025 hinjiye inyungu irenga miliyari 400 Frw. Ishoramari rinini, inyungu nkeya Raporo y’Umugenzuzi Mukuru yerekanye ko RSSB yashoye miliyari 239,4 Frw mu mishinga 15, angana na 15,4% by’umutungo…

Read More

Kuri uyu wa gatanu, tariki ya 16 mutarama 2026, Abikorera bari mu bucuruzi, bwo kuri Internet barashishikarizwa gukoresha ikirango cya Digital Trust Seal, kigaragaza icyizere igicuruzwa gifitiwe, bikaborohera gucuruza mu Rwanda ndetse no ku Isi yose nta nkomyi. Icyo kirango cyo mu buryo bw’ikoranabuhanga, gihabwa umuntu ku giti cye cyangwa ikigo cyagisabye, ababishinzwe bagasura uwasabye bakareba ko yujuje ibisabwa, hanyuma bakakimuha, bityo ibicuruzwa bye aho byajyanwa hose ku Isi bikaba bifitiwe icyizere cy’ubuziranenge. Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe gukurikirana itangwa ry’ibyo birango (Rwanda Software Testing Qualification Board), Nkusi Robert Ford, avuga ko iki kirango gifitiye akamaro kanini abacuruzi. Yagize ati “Icya mbere…

Read More

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, adakwiye gukomeza gusaba ko hasinywa andi masezerano y’amahoro mashya, kuko ayamaze gusinywa i Washington muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’aya Doha muri Qatar ahagije kandi aramutse yubahirijwe n’impande zombi yakemura burundu ikibazo cy’umutekano mu Karere. Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, avuga ko ayo masezerano ari ingenzi cyane mu kugera ku mahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC. Mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, Minisitiri Nduhungirehe yabajijwe ku ngendo Perezida Tshisekedi aherutse kugirira i Luanda, aho yagiye inshuro ebyiri…

Read More

Kuri uyu wa Kane tariki 8 Mutarama 2026, i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, habereye umuhango wo gushyingura mu cyubahiro imibiri y’abantu 22 bishwe n’igitero cya drone z’ingabo za Leta y’iki gihugu (FARDC), cyabaye ku itariki ya 2 Mutarama 2026 Mugitero cya drone giherutse gukorerwa i Masisi centre (Nord-Kivu) imibiri yahawe icyubahiro mbere yuko ishyingurwa muri Stade de l’Unité. Aha, habayeho gutanga ubutumwa butandukanye bugamije kugaragaza no kunenga ibikorwa byo kurenga ku masezerano y’ihagarikwa ry’intambara, ndetse n’ubwicanyi bw’abaturage bukorwa n’amatsinda ya gisirikare n’imitwe y’abarwanyi nka #ADF, #CODECO i Beni, Lubero, Ituri, ndetse na Mobondo i Mai-Ndombe, Kwangu…

Read More

Kuri uyu wa gatandatu, taliki ya 20 ukuboza 2025, Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR), risanga hakwiye Gukomeza ubuvugizi bugabanya ikoreshwa ry’imodoka zitwara abantu ku giti cyabo, hagamijwe kongera umubare w’abakoresha imodoka rusange mu rwego rwo kurwanya ihumana ry’ikirere rikomoka ku binyabiziga. Ibi byagarutsweho mu Nteko Rusange y’iri shyaka, aho Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka Green Party,NTEZIMANA Jean Claude, yagize ati’’ “Tugiye gukomeza ubukangura mbaga mu gukoresha imodoka rusange mu rwego rwo kugabanya imyuka ihumanya ikirere. Akomeza agira ati” Urebye mu Mujyi wa Kigali, ikihutirwa kigaragara ni umuvundo w’ibinyabiziga, mu gitondo cyangwa nimugoroba, imodoka ziba zishoreranye ari nyinshi, kandi…

Read More

Kuri uyu wa Kane tariki ya 18 Ukuboza 2025, mu kiganiro n’abanyamakuru,Israel Mbonyi yavuze ko imyiteguro y’igitaramo ari gutegurira Abaturarwanda kirimbanyije, ariko bisaba imbaraga nyinshi, ariko afite abafatanyabikorwa bamuri hafi. Israel Mbonyi azwiho indirimbo zo guhimbaza Umwami Yesu. Muri icyo kiganiro, Israel Mbonyi yahishyuye ko ku myaka 11 amaze mu ndirimbo zo guhimbaza Imana, anasobanura inkomoko n’icyo igitaramo cye, yise “Icyambu,” kigiye gutangira urugendo rwacyo rwa kane. Yakomeje asobanura ko mu busanzwe yize nk’umufarumasiye, ariko umutima we wahoraga umuhamagarira gukorera Imana binyuze mu binyuze mu ndirimbo ziyihimbaza. Yagize ati: “Nari nzi ko nzakorera Imana, nzaririmba, ariko sinari nzi ko bizagera…

Read More

Access to healthcare is one of the fundamental rights of every child. However, children born to teenage mothers in Huye District are being deprived of this right due to difficulties in accessing community-based health insurance (Mutuelle de Santé). Many of these children are not officially registered under any household, either on the mother’s or the father’s side, as some families reject responsibility. In other cases, families agree to register the child but demand that the young mothers pay the health insurance contribution for the entire household an impossible burden for most. Several teenage mothers who spoke to Impamo.net all under…

Read More

Kuri uyu wa gatandatu taliki ya 13 Ukuboza I kigali barwiyemezamirimo bo mu bihugu by’ Afurika birimoTanzaniya, Kenya na Afurika y’epfo, bahawe ibihembo mu muhango usoza ku mugaragaro irushanwa rya Africa’s Business Heroes (ABH) Prize Competition, ryabaye ku nshuro ya 7 ribera i Kigali. Igihembo cya mbere cyegukanywe n’Umunya-Tanzaniya Diana Orembe, washinze sosiyete NovFeed, ikora mu rwego rwa biotechnology. Uyu mushinga ukora intungamubiri zitunganyijwe mu buryo bugezweho zigaburirwa amatungo n’amafi, hagamijwe kugabanya igihombo abahinzi bahuraga na cyo mu kugura ibiryo by’amatungo, no kurengera ibidukikije. Akanama nkemura mpaka kagaragaje ko NovFeed ari umushinga ufite ingaruka nziza ku bukungu bw’abahinzi no ku iterambere rirambye. Umwanya wa…

Read More

Kuri uyu wa gatanu, tariki ya 5 Ukuboza 2025, ubwo hasozwaga icyumweru cyahariwe abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda, ababukora Leta ibasaba ko bukorwa kinyamwuga no mu mucyo, ikabafasha mu gushoramo imari. Mu bucuruzi mpuzamahanga, ikizere ni ingenzi, bikaba n’umwihariko mu bucuruzi bw’amabuye y’agaciro. Ababukora bavuga ko ntawe ugura amabuye y’agaciro atazi aho yakomotse, ibyo rero ni byo u Rwanda rumaze igihe rwubaka, kuko bifite icyo bivuze ku isoko mpuzamahanga. Nk’uko byemezwa na Shane Ryan, Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri sosiyete ya TRINITY METALS, ari nayo ya mbere mu gutunganya umusaruro w’amabuye ya TANGESITINI ku mugabane w’ Afurika hamwe na Imena…

Read More

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 2 Ugushyingo, i Kigali ni bwo hatangizwaga “Icyumweru Cyahariwe Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro mu Rwanda”, kibaye ku nshuro ya 8, kikazageza ku wa gatanu tariki ya 5 Ugushyingo 2025. Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, ubwo yatangizaga Icyumweru cyahariwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda ku nshuro ya 8, yagize ati: “abakora ubucukuzi Guverinoma y’uRwanda irabashyigikiye mu bikorwa byabo, bigamije iterambere ry’igihugu” akaba yabahaye umukoro wo kunoza ubwo bucukuzi bukaba ubw’umwuga kandi bukaganisha ku cyerekezo k’Iterambere Igihugu kihaye. Ni icyumweru ngaruka mwaka kibaye kushuro ya (8), kirangwa no kuganira ku buryo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bwatezwa imbere hagakemurwa…

Read More