Author: Magnifique Mukantwali

Ku wa 08 Werurwe 2026, mu Karere ka Gasabo hizihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore, wizihizwa buri mwaka ku isi hose. Uyu munsi wizihijwe ku rwego rw’Imirenge, mu gihe ku rwego rw’Akarere ibirori byabereye mu Murenge wa Remera, aho hahuriye abagore bo mu Mirenge ya Remera, Kacyiru, Kimironko, Kimihurura na Gisozi. Uyu mwaka wizihijwe ku nsanganyamatsiko igira iti: “Umugore ni uw’agaciro none n’ejo.” Iyi nsanganyamatsiko yashimangiye uruhare rukomeye umugore agira mu iterambere ry’umuryango n’iry’igihugu muri rusange. Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Wungirije ushinzwe Imiturire n’Ibikorwa Remezo wari n’Umushyitsi Mukuru muri ibi birori, yavuze ko iterambere riri kugerwaho mu Mujyi wa Kigali ridashoboka umugore…

Read More

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 27 Gashyantare 2026, umwanditsi akaba n’Umuyobozi w’Urugaga rw’Abanditsi mu Rwanda, Hategekimana Richard, yamuritse igitabo cye gishya yise “Ubudasa bw’Ingabo z’u Rwanda RDF”. Ni igikorwa cyitabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye, by’umwihariko abanditsi, abashoramari n’abahagarariye ibigo by’uburezi. Hategekimana yagize Ati’’ iki gitabo kigamije kugaragaza umwihariko w’Ingabo z’u Rwanda mu kubungabunga umutekano, guteza imbere igihugu no gufasha abaturage mu mibereho yabo ya buri munsi’’ Mu gitabo cye, agaruka kandi ku mateka y’u Rwanda by’umwihariko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, agaragaza uruhare rw’abahoze ari RPA bahagaritse Jenoside, nyuma bakaza kuba RDF. Avuga ko igitabo cyanditswe no mu Cyongereza kugira…

Read More

Kuri uyu wa kane tariki ya 19 Gashyanare 2026, Banki Nkuru y’Igihugu cy’u Rwanda (BNR) yazamuye urwunguko fatizo rwayo ruvuye kuri 6,75% rugera kuri 7,25%, mu rwego rwo guhangana n’izamuka ry’ibiciro rikomeje kurenga imbago zayo ziri hagati ya 2% na 8%. Imibare yatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare igaragaza ko muri Mutarama 2026 ibiciro ku masoko byazamutse ku kigero cya 8,9%, bivuye kuri 8% byariho mu Ukuboza 2025. Mu gihembwe cya kane cya 2025, umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro wageze kuri 7,4%, uvuye kuri 7,2% mu gihembwe cya gatatu. Iri zamuka ryatewe ahanini n’izamuka rikomeye ry’ibiciro bibarwa hatabariwemo iby’ibiribwa byangirika vuba n’iby’ibikomoka ku ngufu,…

Read More

Kuwa 16 Gashyantare 2026, Guverinoma y’u Rwanda yongeye gushimangira umuhate wayo mu guteza imbere imihanda yo mu byaro nk’ishingiro ry’iterambere rirambye kandi ridaheza. byavugiwe mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro Inama Nyafurika ku Igenamigambi ry’Imihanda Ihuza Uturere tw’ ibyaro, yabereye i Kigali. lyi nama y’iminsi itatu yahuje abashinzwe politiki, abafatanyabikorwa muiterambere, abashakashatsi n’inzobere mu by’ubwikorezi baturutse mu bihugu birenga 20 by’Afurika, yateguwe ku bufatanye bwa Guverinoma y’u Rwanda n’inzego zirimo World Bank Group, AfricaTransport Policy Program (SSATP), European Commission, Africa Transportation Research Alliance na Global Facility for Disaster Reduction and Recovery. Minisitiri w’lbikorwa Remezo, Dr. Jimmy Gasore, yagaragaje ko imihanda…

Read More

Ibi byagarutsweho n’umujyanama ushinzwe ingamba mu muryango mpuzamahanga ACARE, ubwo yatangizaga inama ngarukamwaka yateraniye i Kigali kuva tariki ya 6 Gashyantare 2026, ari kumwwe n’itsinda ry’abafatanyabikorwa mu biyaga bigari bya Afurika. Madamu Stephanie Smith, umujyanama mu by’ingamba, yabwiye itangazamakuru ko baganiriye ku bibazo by’umuryango ku giti cyabo hamwe n’abafatanyabikorwa babo. Mu bindi, bashimangiye akamaro ko gukorera hamwe nk’itsinda rikomeye kugira ngo intego z’umuryango zigerweho. Bitabaye ibyo, buri tsinda ryajya mu cyerekezo kimwe n’irindi mu kindi. Ku bijyanye no guteza imbere abagore b’Abanyafurika: yagize ati : “Ku bagore, dutanga amasomo muri gahunda ya «AWIS» ku bagore bakiri bato, bakurikirana iyi gahunda…

Read More

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 31, nibwo Irushanwa ryaberaga i Kigali igihugu cya Misiri (Egypt) kikaba aricyo cyegukanye igikombe, gitsinze ku mukino wa nyuma Tuniziya amanota 37 kuri 24, mugihe kandi umwanya wa 3 wegukanywe na Cap-vert itsinze Tunisia 29 kuri 23. Ku rundi ruhande mu cyiciro cy’amakipe yahataniraga igikombe cya President “President Cup”, kuva ku mwanya wa 9 kugeza kuwa 16 ari naho u Rwanda rwari ruherereye kuko rutabashije kurenga amatsinda, igihugu cya Gabon nicyo cyakegukanye uwo mwanya gitsinze Cameroun. Alfred Twahirwa Perezida wa Federasiyo y’Umukino wa Handball mu Rwanda avuga ko muri rusange bishimiye uburyo irushanwa ryateguwe…

Read More

Kuri uyu wa kane, tariki ya 29 mutarama 2026, Umuryango Urwanya Ruswa n’Akarengane mu Rwanda (Transparency International Rwanda), abafatanyabikorwa mu kurwana ruswa, n’abayobozi mu nzego zitandukanye, bari mu Nama Nyungiranabitekerezo ku kurwanya ruswa mu mashuri no mu mavuriro. Muri iyi nama, T I iri kumurika ubushakashatsi bwakozwe ku mitangire ya serivisi idaheza mu rwego rw’uburezi n’urw’ubuvuzi. Umukozi ushinzwe Gahunda muri TI Rwanda, Kavatiri Rwego Albert, yagaragaje ko hakiri ibyuho bya ruswa bishobora gutuma bamwe bahezwa kuri serivisi z’ibanze cyane cyane abafite intege nke. yagize ati: “Mu buvuzi twabonye ko iyo abaganga babonye umugore cyangwa umukobwa adafite umugabo, hari abo bibasunikira…

Read More

Kuri uyu wa 20 Mutarama 2026, Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Regis Rugemanshuro ubwo yitabaga imbere Abadepite bagize Komisiyo y’Imibereho Myiza y’Abaturage baganiriye kuri raporo y’igenzura ricukumbuye ry’imyaka 10 (2015–2025) ku micungire y’ishami rya pansiyo. Mu gihe raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta igaragaza ko ishoramari rinini rya RSSB ryatinze gutanga inyungu kandi ritarageze ku ntego zateganyijwe, ubuyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), buravuga ko ubu ibintu byahindutse, aho mu mwaka wa 2025 hinjiye inyungu irenga miliyari 400 Frw. Ishoramari rinini, inyungu nkeya Raporo y’Umugenzuzi Mukuru yerekanye ko RSSB yashoye miliyari 239,4 Frw mu mishinga 15, angana na 15,4% by’umutungo…

Read More

Kuri uyu wa gatanu, tariki ya 16 mutarama 2026, Abikorera bari mu bucuruzi, bwo kuri Internet barashishikarizwa gukoresha ikirango cya Digital Trust Seal, kigaragaza icyizere igicuruzwa gifitiwe, bikaborohera gucuruza mu Rwanda ndetse no ku Isi yose nta nkomyi. Icyo kirango cyo mu buryo bw’ikoranabuhanga, gihabwa umuntu ku giti cye cyangwa ikigo cyagisabye, ababishinzwe bagasura uwasabye bakareba ko yujuje ibisabwa, hanyuma bakakimuha, bityo ibicuruzwa bye aho byajyanwa hose ku Isi bikaba bifitiwe icyizere cy’ubuziranenge. Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe gukurikirana itangwa ry’ibyo birango (Rwanda Software Testing Qualification Board), Nkusi Robert Ford, avuga ko iki kirango gifitiye akamaro kanini abacuruzi. Yagize ati “Icya mbere…

Read More

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, adakwiye gukomeza gusaba ko hasinywa andi masezerano y’amahoro mashya, kuko ayamaze gusinywa i Washington muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’aya Doha muri Qatar ahagije kandi aramutse yubahirijwe n’impande zombi yakemura burundu ikibazo cy’umutekano mu Karere. Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, avuga ko ayo masezerano ari ingenzi cyane mu kugera ku mahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC. Mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, Minisitiri Nduhungirehe yabajijwe ku ngendo Perezida Tshisekedi aherutse kugirira i Luanda, aho yagiye inshuro ebyiri…

Read More