
Author: Magnifique Mukantwali
Kigali – Mu myaka 10 ishize, RNIT Iterambere Fund yigaragaje nk’imwe mu nkingi zikomeye zafashije Abanyarwanda kwimakaza umuco wo kwizigama no gushora imari. Imibare yashyizwe ahagaragara igaragaza ko iki kigega kimaze gukusanya ubwizigame burenga miliyari 150 Frw, mu gihe abarenga 350,000 bamaze kukinyuzamo amafaranga yabo. Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku wa 12 Nyakanga 2026, ubuyobozi bwa RNIT Iterambere Fund bwatangaje ko kuva iki kigega cyatangira gukora mu buryo bwuzuye mu 2016, cyakomeje kwiyubaka no kugirirwa icyizere n’Abanyarwanda, cyane cyane guhera mu 2019, ubwo umubare w’abakigana watangiraga kwiyongera ku muvuduko ushimishije. Umuyobozi Mukuru wa RNIT Iterambere Fund, Gatera Jonathan Sebagabo, yavuze…
Kagarama, Kicukiro – Kuri uyu wa Gatanu Tariki ya 10 Nyakanga 2026, Uyu munsi ni umunsi w’ibyishimo n’ishema ku muryango wa Good Haven International School Nursery and Primary, ishuri riherereye i Kagarama mu Karere ka Kicukiro, aho habereye umuhango wo guha impamyabumenyi abana barangije Top Class ndetse n’abasoje Umwaka wa Gatandatu w’Amashuri Abanza (P6). Ni ibirori byahuje ababyeyi, abarera, inshuti z’ishuri n’abafatanyabikorwa baryoherwa n’ibyo abana bagezeho nyuma y’urugendo rwuzuyemo kwiga, gukura mu bumenyi no mu burere. Ubuyobozi bw’ishuri bwagaragaje ko bushimira byimazeyo ababyeyi n’abarerera muri Good Haven International School ku cyizere bakomeje kugirira ishuri no ku bufatanye bwabo bwabaye inkingi…
Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 7 Nyakanga 2026, Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangije ku mugaragaro Ibizamini bya Leta Bisoza Amashuri Abanza (PLE) by’umwaka w’amashuri wa 2025/2026 mu gihugu hose, aho abakandida 277,452 batangiye urugendo rwo gusoza icyiciro cy’amashuri abanza. Mu bakora ibi bizamini harimo abahungu 123,101 n’abakobwa 154,351, bakorera ibizamini mu bigo 1,182 byateganyijwe hirya no hino mu Rwanda. Abayobozi bakuru mu rwego rw’uburezi, barimo Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, Umunyamabanga wa Leta muri MINEDUC, Claudette Irere, Umuyobozi Mukuru wa NESA, Dr. Bernard Bahati, n’abandi bayobozi batandukanye, basuye ibigo by’ibizamini bitandukanye aho batangirije ku mugaragaro ibi bizamini, banifuriza abanyeshuri gutsinda neza…
The second edition of the Kivu Summer Beach Expo & Festival, organized by Yirunga Ltd, has concluded in Karongi District after ten days of activities aimed at promoting tourism, entrepreneurship, culture, sports, and investment around Lake Kivu. The festival ran from June 26 to July 4, 2026, bringing together 91 exhibitors, including producers of Made in Rwanda products and participants from other countries showcasing a wide range of products and services. The event featured four major components: a ten-day business expo, a daily Car Free Zone, sports competitions on Lake Kivu, and cultural and entertainment activities designed to showcase the…
Kigali, Rwanda – Ku wa Kane, tariki ya 25 Kamena 2026Mu gikorwa gikomeye cyabereye i Kigali, umuryango nyafurika ushyigikira ubucuruzi n’iterambere ry’abanyamishinga, Accelerate Africa (AA), wasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ubucuruzi, guhanga udushya no gufasha ibigo bito n’ibiciriritse kwagura ibikorwa byabyo ku rwego rwa Afurika. Aya masezerano afatwa nk’intambwe ikomeye mu rugendo rwo kubaka Afurika ishingiye ku bukungu bukomeye buyobowe n’abikorera, aho impande zombi ziyemeje gufatanya mu guteza imbere amahirwe y’ishoramari, kwagura amasoko no kongerera ubushobozi ba rwiyemezamirimo. Mu butumwa bwe, Umuhuzabikorwa wa Accelerate Africa ku rwego rwa Afurika, Gilbert Ewehmeh,…
KIGALI – U Rwanda rwongeye gutera indi ntambwe ikomeye mu rugendo rwo kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi, ubuziranenge n’ihiganwa ku rwego mpuzamahanga, nyuma yo gutangiza ku mugaragaro Rwanda Standards Board (RSB) Quality Academy, ishuri rizafasha kongerera ubushobozi abanyamwuga n’ibigo mu bijyanye n’ubuziranenge. Uyu muhango witabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Ambasaderi wa Repubulika ya Koreya mu Rwanda, Umuyobozi wa KOICA mu Rwanda, abahagarariye UNIDO, abayobozi b’ibigo bya Leta n’abikorera ndetse n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga. Mu ijambo rye, umushyitsi mukuru Umunyamabanga wa Leta uhoraho muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda Chantal TUYISHIMIRE, yavuze ko iri shuri ari intambwe ikomeye igaragaza ubushake bw’u Rwanda bwo gukomeza urugendo rw’ihinduramatwara…
KIGALI – Mu gihe u Rwanda rukomeje gushimangira inzira y’imiyoborere myiza, ubutabera n’iterambere rirambye, impuguke, abayobozi n’abahagarariye imiryango itandukanye bahuriye i Kigali mu mahugurwa n’ikiganiro mpaka byibanze ku nsanganyamatsiko igira iti “Human Rights: Our Everyday Essentials” (Uburenganzira bwa Muntu: Iby’Ingenzi Mu Buzima Bwa Buri Munsi), basuzuma aho igihugu kigeze mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu n’ibikenewe kugira ngo burusheho kugera kuri bose. Iki gikorwa cyabaye ku wa Gatanu, tariki ya 19 Kamena 2026, cyahuje abafatanyabikorwa baturutse mu nzego zitandukanye baganira ku buryo uburenganzira bwa muntu bugaragara kandi bukagira uruhare mu mibereho ya buri munsi y’Abanyarwanda. Mu kiganiro mpaka cyabereye muri uwo…
Mu rwego rwo gukomeza korohereza Abanyarwanda kugera ku ikoranabuhanga rigezweho, Sosiyete y’Itumanaho ya Airtel Rwanda ku bufatanye n’Uruganda rwa ZTE bamuritse ku mugaragaro telefone nshya ya ZTE Blade A36, izajya iboneka ku buryo bworohereza buri wese kuyitunga no kuyishyura mu byiciro.Aya masezerano y’imikoranire yashyiriweho umukono mu Mujyi wa Kigali, agamije kongera umubare w’abakoresha smartphones no guteza imbere ubukungu bushingiye kuri serivisi za dijitali. Umuyobozi Mukuru wa Airtel Rwanda, Sujay Chakrabarti, yavuze ko intego yabo ari ugutuma ikoranabuhanga rigera kuri buri Munyarwanda. Yagize ati: “Kugera ku ikoranabuhanga ntibikwiye kuba amahirwe agenewe bamwe gusa, ahubwo bikwiye kuba amahirwe agera kuri buri wese.”…
MUSANZE – Nyuma y’igihe hari abamunengaga imikorere ye mu gitaramo cya The Nu-Year Groove cyabereye muri BK Arena ku wa 1 Mutarama 2026, aho bamwe mu bafana bavugaga ko batashye batanyuzwe, The Ben yongeye kwerekana impano ye ku rwego rwo hejuru mu gitaramo cya mbere cya “Summer Country Tour 2026” cyabereye kuri Stade Ubworoherane i Musanze. Mu minota igera kuri 50 yamaze ku rubyiniro, The Ben yatanze igitaramo cyuzuyemo imbaraga, ubuhanga n’amarangamutima byatumye benshi bavuga bati “Genda Igisamagwe urababariwe.”Abafana bari bitabiriye iki gitaramo ku bwinshi cyane, baturutse mu bice bitandukanye, bamwakiriye mu byishimo byinshi kandi bamwereka urukundo rudasanzwe kuva akandagira…
Kigali – Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2026/27 izagera kuri miliyari 7.796,3 Frw, ikaba yiyongereyeho miliyari 844,2 Frw ugereranyije n’ingengo y’imari ivuguruye y’umwaka wa 2025/26 yari miliyari 6.952,1 Frw. Ni amakuru yatangajwe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, agaragaza icyerekezo cyiza cy’ubukungu bw’u Rwanda n’imbaraga zikomeje gushyirwa mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage. Iyi ngengo y’imari yiyongereye ku rugero rugaragara, ikaba igaragaza ubushake bwa Leta bwo gukomeza gushora imari mu bikorwa remezo, uburezi, ubuzima, ikoranabuhanga ndetse n’izindi gahunda zigamije kuzamura iterambere ry’abaturage no kongera ubushobozi bw’ubukungu bw’igihugu. Minisitiri Murangwa yavuze ko iyi ngengo y’imari yubakiye ku…