Author: Magnifique Mukantwali

Kuwa 16 Gashyantare 2026, Guverinoma y’u Rwanda yongeye gushimangira umuhate wayo mu guteza imbere imihanda yo mu byaro nk’ishingiro ry’iterambere rirambye kandi ridaheza. byavugiwe mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro Inama Nyafurika ku Igenamigambi ry’Imihanda Ihuza Uturere tw’ ibyaro, yabereye i Kigali. lyi nama y’iminsi itatu yahuje abashinzwe politiki, abafatanyabikorwa muiterambere, abashakashatsi n’inzobere mu by’ubwikorezi baturutse mu bihugu birenga 20 by’Afurika, yateguwe ku bufatanye bwa Guverinoma y’u Rwanda n’inzego zirimo World Bank Group, AfricaTransport Policy Program (SSATP), European Commission, Africa Transportation Research Alliance na Global Facility for Disaster Reduction and Recovery. Minisitiri w’lbikorwa Remezo, Dr. Jimmy Gasore, yagaragaje ko imihanda…

Read More

Ibi byagarutsweho n’umujyanama ushinzwe ingamba mu muryango mpuzamahanga ACARE, ubwo yatangizaga inama ngarukamwaka yateraniye i Kigali kuva tariki ya 6 Gashyantare 2026, ari kumwwe n’itsinda ry’abafatanyabikorwa mu biyaga bigari bya Afurika. Madamu Stephanie Smith, umujyanama mu by’ingamba, yabwiye itangazamakuru ko baganiriye ku bibazo by’umuryango ku giti cyabo hamwe n’abafatanyabikorwa babo. Mu bindi, bashimangiye akamaro ko gukorera hamwe nk’itsinda rikomeye kugira ngo intego z’umuryango zigerweho. Bitabaye ibyo, buri tsinda ryajya mu cyerekezo kimwe n’irindi mu kindi. Ku bijyanye no guteza imbere abagore b’Abanyafurika: yagize ati : “Ku bagore, dutanga amasomo muri gahunda ya «AWIS» ku bagore bakiri bato, bakurikirana iyi gahunda…

Read More

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 31, nibwo Irushanwa ryaberaga i Kigali igihugu cya Misiri (Egypt) kikaba aricyo cyegukanye igikombe, gitsinze ku mukino wa nyuma Tuniziya amanota 37 kuri 24, mugihe kandi umwanya wa 3 wegukanywe na Cap-vert itsinze Tunisia 29 kuri 23. Ku rundi ruhande mu cyiciro cy’amakipe yahataniraga igikombe cya President “President Cup”, kuva ku mwanya wa 9 kugeza kuwa 16 ari naho u Rwanda rwari ruherereye kuko rutabashije kurenga amatsinda, igihugu cya Gabon nicyo cyakegukanye uwo mwanya gitsinze Cameroun. Alfred Twahirwa Perezida wa Federasiyo y’Umukino wa Handball mu Rwanda avuga ko muri rusange bishimiye uburyo irushanwa ryateguwe…

Read More

Kuri uyu wa kane, tariki ya 29 mutarama 2026, Umuryango Urwanya Ruswa n’Akarengane mu Rwanda (Transparency International Rwanda), abafatanyabikorwa mu kurwana ruswa, n’abayobozi mu nzego zitandukanye, bari mu Nama Nyungiranabitekerezo ku kurwanya ruswa mu mashuri no mu mavuriro. Muri iyi nama, T I iri kumurika ubushakashatsi bwakozwe ku mitangire ya serivisi idaheza mu rwego rw’uburezi n’urw’ubuvuzi. Umukozi ushinzwe Gahunda muri TI Rwanda, Kavatiri Rwego Albert, yagaragaje ko hakiri ibyuho bya ruswa bishobora gutuma bamwe bahezwa kuri serivisi z’ibanze cyane cyane abafite intege nke. yagize ati: “Mu buvuzi twabonye ko iyo abaganga babonye umugore cyangwa umukobwa adafite umugabo, hari abo bibasunikira…

Read More

Kuri uyu wa 20 Mutarama 2026, Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Regis Rugemanshuro ubwo yitabaga imbere Abadepite bagize Komisiyo y’Imibereho Myiza y’Abaturage baganiriye kuri raporo y’igenzura ricukumbuye ry’imyaka 10 (2015–2025) ku micungire y’ishami rya pansiyo. Mu gihe raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta igaragaza ko ishoramari rinini rya RSSB ryatinze gutanga inyungu kandi ritarageze ku ntego zateganyijwe, ubuyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), buravuga ko ubu ibintu byahindutse, aho mu mwaka wa 2025 hinjiye inyungu irenga miliyari 400 Frw. Ishoramari rinini, inyungu nkeya Raporo y’Umugenzuzi Mukuru yerekanye ko RSSB yashoye miliyari 239,4 Frw mu mishinga 15, angana na 15,4% by’umutungo…

Read More

Kuri uyu wa gatanu, tariki ya 16 mutarama 2026, Abikorera bari mu bucuruzi, bwo kuri Internet barashishikarizwa gukoresha ikirango cya Digital Trust Seal, kigaragaza icyizere igicuruzwa gifitiwe, bikaborohera gucuruza mu Rwanda ndetse no ku Isi yose nta nkomyi. Icyo kirango cyo mu buryo bw’ikoranabuhanga, gihabwa umuntu ku giti cye cyangwa ikigo cyagisabye, ababishinzwe bagasura uwasabye bakareba ko yujuje ibisabwa, hanyuma bakakimuha, bityo ibicuruzwa bye aho byajyanwa hose ku Isi bikaba bifitiwe icyizere cy’ubuziranenge. Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe gukurikirana itangwa ry’ibyo birango (Rwanda Software Testing Qualification Board), Nkusi Robert Ford, avuga ko iki kirango gifitiye akamaro kanini abacuruzi. Yagize ati “Icya mbere…

Read More

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, adakwiye gukomeza gusaba ko hasinywa andi masezerano y’amahoro mashya, kuko ayamaze gusinywa i Washington muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’aya Doha muri Qatar ahagije kandi aramutse yubahirijwe n’impande zombi yakemura burundu ikibazo cy’umutekano mu Karere. Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, avuga ko ayo masezerano ari ingenzi cyane mu kugera ku mahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC. Mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, Minisitiri Nduhungirehe yabajijwe ku ngendo Perezida Tshisekedi aherutse kugirira i Luanda, aho yagiye inshuro ebyiri…

Read More

Kuri uyu wa Kane tariki 8 Mutarama 2026, i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, habereye umuhango wo gushyingura mu cyubahiro imibiri y’abantu 22 bishwe n’igitero cya drone z’ingabo za Leta y’iki gihugu (FARDC), cyabaye ku itariki ya 2 Mutarama 2026 Mugitero cya drone giherutse gukorerwa i Masisi centre (Nord-Kivu) imibiri yahawe icyubahiro mbere yuko ishyingurwa muri Stade de l’Unité. Aha, habayeho gutanga ubutumwa butandukanye bugamije kugaragaza no kunenga ibikorwa byo kurenga ku masezerano y’ihagarikwa ry’intambara, ndetse n’ubwicanyi bw’abaturage bukorwa n’amatsinda ya gisirikare n’imitwe y’abarwanyi nka #ADF, #CODECO i Beni, Lubero, Ituri, ndetse na Mobondo i Mai-Ndombe, Kwangu…

Read More

Kuri uyu wa gatandatu, taliki ya 20 ukuboza 2025, Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR), risanga hakwiye Gukomeza ubuvugizi bugabanya ikoreshwa ry’imodoka zitwara abantu ku giti cyabo, hagamijwe kongera umubare w’abakoresha imodoka rusange mu rwego rwo kurwanya ihumana ry’ikirere rikomoka ku binyabiziga. Ibi byagarutsweho mu Nteko Rusange y’iri shyaka, aho Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka Green Party,NTEZIMANA Jean Claude, yagize ati’’ “Tugiye gukomeza ubukangura mbaga mu gukoresha imodoka rusange mu rwego rwo kugabanya imyuka ihumanya ikirere. Akomeza agira ati” Urebye mu Mujyi wa Kigali, ikihutirwa kigaragara ni umuvundo w’ibinyabiziga, mu gitondo cyangwa nimugoroba, imodoka ziba zishoreranye ari nyinshi, kandi…

Read More

Kuri uyu wa Kane tariki ya 18 Ukuboza 2025, mu kiganiro n’abanyamakuru,Israel Mbonyi yavuze ko imyiteguro y’igitaramo ari gutegurira Abaturarwanda kirimbanyije, ariko bisaba imbaraga nyinshi, ariko afite abafatanyabikorwa bamuri hafi. Israel Mbonyi azwiho indirimbo zo guhimbaza Umwami Yesu. Muri icyo kiganiro, Israel Mbonyi yahishyuye ko ku myaka 11 amaze mu ndirimbo zo guhimbaza Imana, anasobanura inkomoko n’icyo igitaramo cye, yise “Icyambu,” kigiye gutangira urugendo rwacyo rwa kane. Yakomeje asobanura ko mu busanzwe yize nk’umufarumasiye, ariko umutima we wahoraga umuhamagarira gukorera Imana binyuze mu binyuze mu ndirimbo ziyihimbaza. Yagize ati: “Nari nzi ko nzakorera Imana, nzaririmba, ariko sinari nzi ko bizagera…

Read More