Author: Magnifique Mukantwali

Amakuru yatangajwe kuri uyu wa 16 Gicurasi 2026 aravuga ko Félicien Kabuga, wari ukurikiranyweho uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yapfiriye mu bitaro byo mu mujyi wa The Hague mu Buholandi, aho yari amaze imyaka ari mu maboko y’Urwego Mpuzamahanga rwashyiriweho gusigaza imanza z’inkiko mpuzamahanga. Kabuga wari umwe mu bantu bashakishwaga cyane ku Isi kubera ibyaha bya Jenoside, yatawe muri yombi mu Bufaransa muri Gicurasi 2020 nyuma y’imyaka isaga 26 yaraburiwe irengero. Nyuma yo gufatwa, yoherejwe i La Haye kugira ngo akurikiranwe n’urukiko mpuzamahanga ku byaha birimo Jenoside, gushishikariza abantu gukora Jenoside no gutera inkunga ibikorwa by’ubwicanyi bwibasiye…

Read More

Mu muhango wo gutangiza inama mpuzamahanga ya Africa CEO Forum 2026 yabereye i Kigali, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yongeye gutanga ubutumwa bukomeye bwibutsa Afurika ko igihe cyo kwishingikiriza ku bandi kirangiye, ahubwo hakenewe ibikorwa bifatika byo kurengera inyungu z’umugabane. Perezida Kagame yavuze ko ikibazo kitakiri icyo isi iri gukorera Afurika, ahubwo ko ikibazo nyamukuru ari impamvu Afurika itarabasha kurinda no guteza imbere inyungu zayo nyamara ifite amahirwe n’umutungo kamere bihagije. Yagize ati: “Dukeneye guhaguruka tugakora. Hari byinshi tuzi, byinshi tuvuga, ariko hakenewe gukora byinshi kurushaho.” Ni amagambo yakiriwe neza n’abitabiriye iyi nama ihuza abayobozi bakuru b’ibigo, abashoramari…

Read More

Kuri uyu wa 08 Gicurasi 2026 – Mu Mujyi wa Kigali hateraniye inama mpuzamahanga y’iminsi ibiri yiga ku bidukikije yiswe “The Eastern Africa Greens Congress 2026”, yahurije hamwe abayobozi n’abaharanira kurengera ibidukikije baturutse mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika y’iburasirazuba birimo Uganda, Kenya, u Burundi na Somalia. Iyi nama yateguwe n’Ikigo cya Afurika giteza imbere amahoro, umutekano no kurengera ibidukikije (ACPSEA), ku bufatanye n’Ihuriro ry’Amashyaka aharanira ibidukikije muri Afurika y’Iburasirazuba (EAGF), yakiriye ibiganiro byibanze ku kurwanya imihindagurikire y’ibihe, guteza imbere demukarasi, kubaka amahoro no gushimangira ubufatanye bw’ibihugu byo mu karere. Mu ijambo rye, Umuyobozi Mukuru wa EAGF, Sharon Katuura, yavuze…

Read More

Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda, Rwanda Social Security Board (RSSB), rwatangaje ku mugaragaro itangizwa ry’ikigega gishya cyiswe SME Growth Fund, kigamije gufasha ibigo by’ubucuruzi bito n’ibiciriritse kubona igishoro cy’igihe kirekire. Iki kigega cyatangiranye n’imari shingiro ya miliyoni 30 z’amadolari ya Amerika, asaga miliyari 43 z’amafaranga y’u Rwanda, kikaba gifite intego yo kuzazamuka kikagera kuri miliyoni 100 z’amadolari (hafi miliyari 146 Frw) mu gihe kiri imbere. Ubushakashatsi bwakozwe na IPAR-Rwanda bugaragaza ko ibigo byinshi bito n’ibiciriritse bikigorwa no kubona inguzanyo. Muri byo, 36% bigera ku nguzanyo mu buryo bugoranye, mu gihe 38% ari byo byoroherwa. Ibi byerekana icyuho gikomeye hagati y’imari…

Read More

Muri Afurika, Kigali yongeye kwitegura kwakira imwe mu nama zikomeye kurusha izindi ku mugabane Africa CEO Forum izabera muri Kigali Convention Center kuva ku wa 14 kugeza 15 Gicurasi 2026. Iyi forum izitabirwa n’abarenga 2500 barimo abayobozi bakuru b’ibihugu, abashoramari n’abafata ibyemezo ku rwego mpuzamahanga. Mu mazina akomeye ategerejwe harimo Paul Kagame, Clotaire Oligui Nguema, Bola Tinubu, ndetse na Maria Benvinda Levi. Hazaba kandi n’abandi banyacyubahiro barimo Robert Beugré Mamba na Amadou Oury Bah. Ubuyobozi bwa Private Sector Federation Rwanda bushimangira ko iyi nama ari amahirwe akomeye ku bikorera bo mu Rwanda no mu karere. Umuyobozi warwo, François Twagirumukiza, agaragaza…

Read More

Mu gihe umujyi wa Kigali ukomeje gutera imbere ku muvuduko ushimishije, ibikorwa by’ubwubatsi bigezweho biragenda bihindura isura yawo ndetse n’imibereho y’abawutuye. Muri iyi gahunda yo kuzamura urwego rw’imiturire, hagiye kubakwa umushinga mushya witwa Sahara Residence, utegerejweho kuzana impinduka nziza mu gace ka Kimihurura, kamwe mu duce twifuzwa cyane guturwamo no gushorwamo imari. Sahara Residence ni inyubako igezweho izaba igizwe n’amazu meza ya 1bedroom na 2 bedroom, yubatswe mu buryo bugezweho bujyanye n’igihe. Iyi mishinga yateguwe hagamijwe gutanga ubuzima bwiza, aho buri nzu izaba ifite imyanya yagutse, ibikoresho byujuje ubuziranenge ndetse n’imiterere itanga ihumure n’umutekano ku bayituyemo. Kimwe mu byihariye kuri…

Read More

Kigali, April 19, 2026, Der Sprachen Hub German Language Academy is playing a leading role in expanding access to internationally recognized German language certification in Rwanda, responding to a growing demand for global education and employment opportunities. During a recent certificate awarding ceremony in Kigali, candidates who successfully passed the European Consortium for the Certificate of Attainment in Modern Languages (ECL) exams at A2, B1, B2, and C1 levels were recognized, marking a significant milestone in their academic and professional journeys. Since obtaining official authorization to administer ECL exams in December 2025, the academy has addressed a long-standing gap by…

Read More

Mu rwego rwo gukomeza gusigasira amateka no guha icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ku Cyicaro cy’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA) habereye umuhango wo kwibuka abanyamakuru n’abakozi bo mu itangazamakuru bishwe bazira uko bavutse. Ni igikorwa cyaranzwe n’icyubahiro, aho hacanwe urumuri rw’icyizere nk’ikimenyetso cy’uko batazibagirana. Uyu muhango wabaye mu gihe Abanyarwanda bari mu minsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, aho hibutswa uruhare rwa buri wese mu kubaka igihugu gitekanye, kirangwa n’ubumwe n’ubwiyunge. Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, yagarutse ku mateka y’itangazamakuru mu Rwanda, agaragaza ko ryagize uruhare rukomeye mu gukwirakwiza ingengabitekerezo…

Read More

Kuri uyu wa 7 Mata 2026, u Rwanda n’Isi yose batangiye iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igikorwa cyatangijwe ku mugaragaro na Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame kuri Kigali Genocide Memorial, aharuhukiye imibiri y’abarenga ibihumbi 250. Muri iki gikorwa cyaranzwe n’icyubahiro n’ituze, Perezida Kagame yashyize indabo ku mva zishyinguyemo abazize Jenoside, anacana Urumuri rw’Icyizere ruzamara iminsi 100 rwaka. Ni urumuri rusobanura ukwibuka, icyizere n’intego yo gukomeza kubaka igihugu kitazongera kugwa mu mwijima w’amacakubiri. Mu ijambo rye, Perezida Kagame yashimangiye ko “Abanyarwanda badashobora kwicwa kabiri,” agaragaza ko kwibuka ari inzira yo guhangana n’amateka…

Read More

Ubuyobozi bwa Volkswagen Group Africa bwanyomoje byimazeyo amakuru amaze iminsi avugwa ko ishobora guhagarika ibikorwa byayo mu Rwanda, buvuga ko ayo makuru ari ibihuha bidafite ishingiro. Mu butumwa bwashyizwe ku rubuga rwa X kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 24 Werurwe 2026, Volkswagen yijeje abakiliya bayo, abafatanyabikorwa ndetse n’Abanyarwanda muri rusange ko ibikorwa byayo bikomeje nk’uko bisanzwe. Bati: “Nta gahunda dufite yo kugabanya ishoramari cyangwa kuva mu Rwanda. Amakuru akwirakwizwa si yo kandi nta shingiro afite.” Iyi sosiyete kandi yatangaje ko iri mu rwego rwo kwagura ibikorwa byayo, aho guhera tariki ya 1 Mata 2026, ishami rya Volkswagen Mobility Solutions…

Read More