Author: Eric Bertrand Nkundiye

Kicukiro, Kigali – Mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ireme ry’uburezi bushingiye ku bumenyi ngiro, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Claudette Irere, yatangije ku mugaragaro Ibizamini Ngiro bya Leta bya 2025/2026 kuri GS Kagarama, ashimangira ko ari intambwe ikomeye mu rugendo rwo kubaka urubyiruko rufite ubumenyi, ubushobozi n’ubunyamwuga bikenewe ku isoko ry’umurimo. Mu ijambo rye, Claudette Irere yifurije abakandida bose amahirwe masa mu bizamini, abasaba kurangwa n’imyitwarire myiza, gukorera ibizamini mu mucyo no kwirinda ibikorwa byose bishobora kubangamira ituze n’isura nziza y’amashuri mu gihe cyo gusoza umwaka w’amashuri. Yagize ati: “Iki ni igihe cyo kugaragaza ibyo mwize n’ubushobozi mwungukiye…

Read More

Ishyaka rya Gisosiyalisiti Rirengera Abakozi mu Rwanda (PSR) ryifurije abakozi bose n’abaturarwanda muri rusange Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo wizihizwa buri mwaka tariki ya 1 Gicurasi, rinagaragaza ibitekerezo n’ibyifuzo bigamije guteza imbere imibereho y’abakozi n’ubukungu bw’igihugu. PSR yatangaje ko uyu munsi ari umwanya mwiza wo kurebera hamwe intambwe igihugu kimaze gutera mu guteza imbere umurimo n’uburenganzira bw’abakozi, ndetse no gushakira ibisubizo ibibazo bikomeje kugaragara mu rwego rw’umurimo. Ishyaka PSR yakomoje ku bibazo by’ubukungu byugarije isi muri iki gihe, birimo izamuka rikabije ry’ibiciro ku masoko, ryatewe ahanini n’intambara n’ibibazo bya politiki mpuzamahanga, byatumye ibiciro bya peteroli n’ibindi bicuruzwa bikomeza kuzamuka. Ishyaka PSR ryashimye…

Read More

BAJENEZA Erneste umuhanzi, umusizi akaba n’umwanditsi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, avuga ko azakoresha inzira zose kugirango atange ubutumwa bwiza bw’Imana mu banyarwanda. Ni umuhanzi watangiye ibikorwa by’ubuhanzi akiga mu mashuri yishumbuye mu mwaka wa Mbere ( S1) mu mwaka wa 2010 ariko ngo akomeza kugenda abikora gahoro gahoro kubera ubushobozi buke . Igihangano cya mbere yashyize hanze ni Umuvugo yise ‘umukunzi wanzonze ‘ mu mwaka wa 2024 . Ni umuvugo ukubiyemwo amagambo atandukanye kuko yawanditse agira ati “Umukunzi wankunze ntakuzi , unzirika utangonze, ibyaha byari byarangonze, kunzonga byaratinze, kunzonga ni urukundo, si ukumpa ibyo gushyira mu nda ahubwo…

Read More

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 24 Gashyantare 2026, Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yatangaje ko nta Munyarwanda ukwiriye kuvuga cyangwa kwandika Ikinyarwanda nabi, kuko ari ururimi rubumbatiye amateka, umuco n’ubumwe bw’Abanyarwanda.Yabigarutseho ubwo u Rwanda rwifatanyaga n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ururimi Kavukire, wizihijwe ku nshuro ya 23. Minisitiri Utumatwishima yashimiye urubyiruko rwaturutse mu ishuri Umuco n’ababyeyi babo, yavuze ko n’iyo waba utuye kure y’u Rwanda, ushobora kugumana ururimi rwawe ku mutima, ukarutoza abo mubana, ukarwubakiraho ishema ry’Ubunyarwanda, ukanaruraga abagukomokaho. Intebe y’Inteko y’Umuco, Ambasaderi Robert Masozera, yagize Ati’’ bamwe mu bakoresha Ikinyarwanda nabi cyane ari abo mu…

Read More

Umuhanzi uririmba indirimbo zihimbaza Imana Mushikirano Richard uzwi ku izina ry’ubuhanzi nka ‘RICHARD MUS’ yashyize hanze indirimbo NAKWITURIKI ivuga ku buzima bwe, Abanyarwanda n’igihugu ni indirimbo ije ikurikira indi yari imaze ameze atatu yitwa NIWOWE URENZE. RICHARD MUS avuga ko Igitekerezo cyo guhanga iyi ndirimbo NAKWITURIKI cyaturutse ahani ku buzima bwe , Ati:” Natekere ku ruhande bwite bw’ubuhamya byanjye , ndeba uburyo Imana yita ku muntu, ikakwitaho, ikaguha ubuzima, ikakurinda, ikakurindira umuryango noneho ndeba n’uburyo iturindira igihugu, iturinda twese Abanyarwanda cyangwa se uburyo Imana itwitaho nsanga ntacyo twayitura , ndareba nsanga ituro ridayagije. Gusa icyo twakora ni ukuyiha imitima no…

Read More

Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 25 Ugushyingo, umuhanzi Richard Nick Ngendahayo, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru yasobanuye ko atariwe uhimba indirimbo ze, Iimana niyo izimuhimbira ikanaziha umurongo. Yagize ati: ” Mu by’ukuri nyoborwa n’Imana akaba arinayo akaba ari nayo inshoboza mu byo nkora byose, cyane cyane ubuhanzi bwanjye”. Uyu muhanzi yakomeje agira inama bagenzi be baririmbira Imana ko bakizwa bamaramaje. Bagomba kubanza kwiyeza kugirango ubutumwa batanga mu bihangano byabo bibe ari ibitanga ubutumwa bwiza buruhura ababwakira bukabagirira akamaro. Bamenye ko ibyo bageza ku bwoko bw’Imana kuko abo babwira badasanzwe, ari umwihariko w’ abana b’Imana yitoreye. Alain Numa, uhagarariye MTN RWANDA,…

Read More

Airtel Rwanda today officially ushered in the festive season at the Kigali Golf Resort & Villas, unveiling Christmas Flavour, a vibrant celebration designed to bring Rwandans festive cheer through music, gratitude, community connection, and shared moments of joy. At the center of this year’s festivities is Airtel’s landmark partnership with one of Rwanda’s most beloved Gospel artists, Israel Mbonyi, who will headline two major year-end concerts as part of his renowned ICYAMBU Tour on 25 December 2025 at BK Arena and 1 January 2026 at Rubavu Stadium. Airtel Rwanda Managing Director Mr. Sujay Chakrabarti emphasized that Christmas Flavour is much…

Read More

The Food and Agriculture Organization of the United Nations (FAO) in Rwanda, the Rwanda Institute for Conservation Agriculture (RICA), and the Rwanda Agriculture and Animal Resources Development Board (RAB) officially launched the Sustainable Agricultural Mechanization through Farmer Field Schools (SAM-FFS) for Smallholder Producers project on at RICA campus in Bugesera. This joint initiative is designed to equip smallholder farmers with essential skills in climate-smart, appropriately scaled business-oriented mechanization and conservation agriculture practices. The Sustainable Agriculture Mechanization through Farmer Field School (SAM/FFS) initiatives represents a milestone partnership between three leading institutions at the forefront of Rwanda’s agricultural transformation. Through this joint…

Read More

U Bubiligi burimo gukoresha ibikoresho bya NATO mu kuzambya ibintu mu ntambara yo mu burasirazuba bwa DRC mu gihe imirwano ikomeje kwiyongera hagati y’Ingabo za Congo (FARDC) n’inyeshyamba za AFC / M23, aho buvugwaho ko bwongereye inkunga ya gisirikare buha Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) mu rwego rwo kubuza inyeshyamba gutera imber Kuri iyi nshuro, u Bubiligi buri gukoresha ibikoresho by’Umuryango wa NATO mu bikorwa byabwo muri DRC nkuko inkuru yashyizwe ahagaragara na The Great Lakes Eye ivuga. Ku itariki ya 9 Ugushyingo, indege itwara imizigo y’ingabo zirwanira mu kirere, Airbus A400M Atlas, ifite numero CT-04, yagaragaye igwa ku…

Read More

Abagize gahunda ya Generation Gender basoje urugendo rw’imyaka itanu (5) bishimira intambwe bagezeho mu guteza imbere uburinganire no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, binyuze mu guhuza urubyiruko, abagabo n’abagore mu bikorwa by’ubuvugizi n’impinduka mu muryango nyarwanda. Ibirori byo gusoza iyi gahunda byabereye i Kigali kuri uyu wa Gatanu Tariki ya 24 Ukwakira 2025, byateguwe na RWAMREC ku bufatanye na Health Development Initiative (HDI) na AfriYAN Rwanda, ni ibirori byitabiriwe n’urubyiruko, inzego za Leta n’abafatanyabikorwa batandukanye mu rwego rwo gushimira ibyo bamaze kugeraho no kuganira ku cyerekezo cy’ahazaza. Fidèle Rutayisire, Umuyobozi Nshingwabikorwa wa RWAMREC, yashimye intambwe imaze guterwa mu kwinjiza abagabo…

Read More