
Author: Eric Bertrand Nkundiye
Umunsi wa kabiri wo kwamamaza Abakandida b’ ‘Ishyaka Riharanira Demokarasi n’Imibereho Myiza y’Abaturage(PSD) mu Karere ka Kamonyi, Visi Perezida wa mbere wa PSD, Hon Muhakwa Valens yagarutse ku mpamvu Kagame Paul ari umukandida wa PSD mu matora ya Perezida wa Repubulika. Hon Muhakwa yakomeje agira, Ati” mu matora ya 2017 yari umukandida wacu ibyo twifuzaga ko azakorera Abanyarwanda byose yabigezeho kandi tukaba tubona n’ibindi twifuza ko azakorera Abanyarwanda ntakabuza azabigeraho. De Bonheur Jeanne d’Arc, wari mu bamamaza imigabo n’imigambi ya PSD, yavuze ko amategeko ahana yavugururwa aho kugirango bafunge abantu benshi amagereza yuzure, hajyaho ibihano bindi nko gukora imirimo ibyarira…
Abacanshuro bapfiriye mu mirwano ikaze yabereye mu nkengero za Kanyabayonga, mu Ntara ya Kivu Yaruguru. biciwe mu mirwano ikomeje guhanganisha bikomeye abarwayi ba M23 n’ihuriro ry’Ingabo za Guverinoma ya Kinshasa, iyi mirwano yabereye mu nkengero za centre ya Kanyabayonga, muri teritware ya Lubero, mu Ntara ya Kivu y’Amajyarugu. Ni mugihe bivugwa ko muri iyi mirwano iri kubera hafi na centre ya Kanyabayonga, ko abacanshuro bagera kuri babiri bakomoka mu gihugu cya Romaniya, undi umwe wo mu ngabo z’umuryango w’Abibumbye (Monusco) ziri mu butumwa bwo ku bungabunga amahoro mu Burasirazuba bwa RDC na batanu bo mu ngabo za Leta ya Kinshasa…
Ishyaka Democratic Green Party of Rwanda , rimaze gutangaza uko riziyamamaza mu turere 30 tugize u Rwanda, Mu migambi iri shyaka rifite ni uguhatana ku myanya yose mu matora ateganyijwe kuwa 15 Nyakanga 2024, haba ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu no gushaka imyanya mu Nteko Ishinga Amategeko. Iri shyaka riyobowe na Dr Frank Habineza ubu rifite abakandida 60 bazayihagarira barimo 30 b’abagore n’abandi nk’abo b’abagabo. Uko gahunga yo kwiyamamaza ipanze n’aho abakandida baziyamamariza
Nyuma y’isengesho rya Angelus rizwi muri Kiliziya Gatolika ryo ku cyumweru, Papa Francis yongeye gusaba kurengera abasivile mu burasirazuba bwa DR Congo nyuma y’ibitero byiciwemo abandi babarirwa mu magana mu byumweru bishize. Uyu mukuru wa Kiliziya Gatolika ku isi yagize ati: “Amakuru ababaje y’ibitero n’ubwicanyi akomeje kuza avuye mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.” Papa Francis yasuye DR Congo mu ntangiriro z’umwaka ushize aho yasabye amahanga “gukura amaboko yayo muri Congo”, ayashinja ubusahuzi bw’umutungo kamere no gutuma intambara zaho zitarangira. Ku cyumweru yagize ati: “Ndasaba abategetsi baho n’umuryango mpuzamahanga gukora ibishoboka byose mu guhagarika ubugizi bwa nabi no…
Abasirikare b’Umuryango w’Abibumbye bari mu butumwa bwo kugarura Amahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwa MONUSCO, barashweho kakekwa insoresore zo mu mutwe ba Wazalendo. Iki gitero MONUSCO yakigabweho ku ya 15 Kamena 2024, ubwo yari mu gace ka Malende mu Birometero birindwi uvuye mu mujyi wa Butembo ho muri Kivu ya Ruguru. Radio Okapi itangaza ko ubwo abasirikare ba MONUSCO bari bagiye kurinda abaturage ngo badaterwa n’abarwanyi b’Umutwe w’Iterabwoba wa ADF bamaze igihe bica abaturage muri Ituri. Abo basirikare ba MONUSCO bambara ingofero z’ubururu baje kugabwaho igitero n’abantu bitwaje intwaro hakekwa abarwanyi ba Mai-Mai cyangwa insoresore za…
Hirya no hino mu gihugu hagenda hubakwa amarerero y’abana bato mu rwego rwo gufasha ababyeyi kumenya gutegura indyo yuzuye ndetse no gufasha abana bafite ikibazo cy’imirire mibi n’igwingira kubivamo hagamijwe ko akura neza mu gihagararo, mu bwenge, mu mibanire n’abandi, mu mbamutima, mu mutekano kandi uburenganzira bwe bukabungabungwa. Ni muri urwo rwego Kampani ya Innocent Mining ltd ikora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Nyamata, yagize igitekerezo cyo gushyira irerero ry’abana bato ahakorerwa imirimo y’ubucukuzi kuko bifasha cyane mu kurengera ubuzima bw’umwana bikoroha no kumucungira umutekano ndetse bigatuma n’ababyeyi bakora imirimo yabo batekanye kuko baba bizeye…
Ibisigazwa by’indege yari itwaye visi perezida wa Malawi, Saulos Klaus Chilima, byatoraguwe kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 11/06/2024. Ni ibikubiye mu butumwa bwatanzwe n’igisirikare cy’iki gihugu cya Malawi, aho cyemeje ko ibisigazwa by’indege yari itwaye visi perezida yari yaburiwe irengero byatoraguwe n’abashakashatsi bo muri iki gihugu. Indege ya gisirikare yari itwaye Chilima w’imyaka 51, n’abandi bayobozi icyenda yaburiwe irengero kuri uyu wa Mbere nyuma yo kunanirwa kugwa ku kibuga cy’indege giherereye mu mujyi wa Mzuzu wo mu majyaruguru y’iki gihugu. Ni mu gihe ikirere cyari kimeze nabi. Amashusho yashizwe hanze n’ibiro ntara makuru by’Abafaransa (AFP) nabyo byahawe n’itsinda ry’abatabazi…
Leta y’u Rwanda yavuze ko ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) “ribeshya”, nyuma yuko ku wa mbere ribwiye urukiko rukuru rw’Ubwongereza ko rishobora kuba rifite ibimenyetso bishya byo muri uyu mwaka bigaragaza ko u Rwanda rwashyize mu kaga abasaba ubuhungiro. Mu itangazo yasohoye ku wa kabiri, Leta y’u Rwanda yahakanye ibyo birego. aho yagize iti: “UNHCR irabeshya. Uyu muryango usa n’ushaka kugeza ibirego bihimbano ku nkiko z’Ubwongereza ku buryo u Rwanda rufatamo abasaba ubuhungiro…” Leta y’u Rwanda ivuga ko ibyo HCR ibikora ari na ko igifitanye imikoranire na rwo yo kujyana mu Rwanda rutekanye abimukira b’Abanyafurika bavuye muri Libya,…
Minisitiri w’intebe muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, Judith Suminwa yatangaje ko leta izashyira 20% by’ingengo y’imari yayo y’imyaka itanu mu kongerera ingufu igisirikare na polisi kugira ngo bibashe kugarura amahoro cyane cyane mu burasirazuba bw’igihugu. Mu muhango wo kwemeza guverinoma nshya ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku wa kabiri, Judith Suminwa yagaragaje gahunda y’imyaka itanu y’iyi leta akuriye. Mu ijambo ryamaze hafi amasaha abiri, Suminwa yarambuye inkingi esheshatu n’ibikorwa nyamukuru byazo iyi guverinoma ye izibandaho hagati ya 2024 na 2028. Suminwa usanzwe ari inzobere mu bukungu, yavuze ko inkingi ya mbere ari “uguhanga imirimo no kuzamura ubushobozi bw’ingo…
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku mugoroba w’ejo kuwa Kane tariki 30 Gicurasi 2024, ryashyizweho umukono na Lawrence Kanyuka; Umuvugizi w’Ihuriro AFC ribarizwamo na M23, rivuga ko M23/AFC bababajwe bikomeye n’ibitero bikomeje kugabwa ku baturage b’abasivile bikorwa na SAMIDRC, mu bufatanye bw’ubutegetsi bwa Kinshasa, burimo FARDC, FDLR, inyeshyamba (Wazalendo) n’ingabo z’u Burundi. Iri tangazo rivuga ko ibitero byabaye kuri uyu wa Kane tariki 30 Gicurasi 2024, byahitanye abasivile 10, abandi benshi bagakomereka, mu gihe hari n’abandi benshi bavuye mu byabo, nyuma y’uko inzu zabo zisenywe n’ibisasu biremereye byarashwe. Rigakomeza rigira riti “ARC/AFC nk’uko yakomeje kwirwanaho no kurinda abaturage, yabashije gusubiza inyuma abarwana…