
Author: Eric Bertrand Nkundiye
Abasirikare b’Umuryango w’Abibumbye bari mu butumwa bwo kugarura Amahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwa MONUSCO, barashweho kakekwa insoresore zo mu mutwe ba Wazalendo. Iki gitero MONUSCO yakigabweho ku ya 15 Kamena 2024, ubwo yari mu gace ka Malende mu Birometero birindwi uvuye mu mujyi wa Butembo ho muri Kivu ya Ruguru. Radio Okapi itangaza ko ubwo abasirikare ba MONUSCO bari bagiye kurinda abaturage ngo badaterwa n’abarwanyi b’Umutwe w’Iterabwoba wa ADF bamaze igihe bica abaturage muri Ituri. Abo basirikare ba MONUSCO bambara ingofero z’ubururu baje kugabwaho igitero n’abantu bitwaje intwaro hakekwa abarwanyi ba Mai-Mai cyangwa insoresore za…
Hirya no hino mu gihugu hagenda hubakwa amarerero y’abana bato mu rwego rwo gufasha ababyeyi kumenya gutegura indyo yuzuye ndetse no gufasha abana bafite ikibazo cy’imirire mibi n’igwingira kubivamo hagamijwe ko akura neza mu gihagararo, mu bwenge, mu mibanire n’abandi, mu mbamutima, mu mutekano kandi uburenganzira bwe bukabungabungwa. Ni muri urwo rwego Kampani ya Innocent Mining ltd ikora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Nyamata, yagize igitekerezo cyo gushyira irerero ry’abana bato ahakorerwa imirimo y’ubucukuzi kuko bifasha cyane mu kurengera ubuzima bw’umwana bikoroha no kumucungira umutekano ndetse bigatuma n’ababyeyi bakora imirimo yabo batekanye kuko baba bizeye…
Ibisigazwa by’indege yari itwaye visi perezida wa Malawi, Saulos Klaus Chilima, byatoraguwe kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 11/06/2024. Ni ibikubiye mu butumwa bwatanzwe n’igisirikare cy’iki gihugu cya Malawi, aho cyemeje ko ibisigazwa by’indege yari itwaye visi perezida yari yaburiwe irengero byatoraguwe n’abashakashatsi bo muri iki gihugu. Indege ya gisirikare yari itwaye Chilima w’imyaka 51, n’abandi bayobozi icyenda yaburiwe irengero kuri uyu wa Mbere nyuma yo kunanirwa kugwa ku kibuga cy’indege giherereye mu mujyi wa Mzuzu wo mu majyaruguru y’iki gihugu. Ni mu gihe ikirere cyari kimeze nabi. Amashusho yashizwe hanze n’ibiro ntara makuru by’Abafaransa (AFP) nabyo byahawe n’itsinda ry’abatabazi…
Leta y’u Rwanda yavuze ko ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) “ribeshya”, nyuma yuko ku wa mbere ribwiye urukiko rukuru rw’Ubwongereza ko rishobora kuba rifite ibimenyetso bishya byo muri uyu mwaka bigaragaza ko u Rwanda rwashyize mu kaga abasaba ubuhungiro. Mu itangazo yasohoye ku wa kabiri, Leta y’u Rwanda yahakanye ibyo birego. aho yagize iti: “UNHCR irabeshya. Uyu muryango usa n’ushaka kugeza ibirego bihimbano ku nkiko z’Ubwongereza ku buryo u Rwanda rufatamo abasaba ubuhungiro…” Leta y’u Rwanda ivuga ko ibyo HCR ibikora ari na ko igifitanye imikoranire na rwo yo kujyana mu Rwanda rutekanye abimukira b’Abanyafurika bavuye muri Libya,…
Minisitiri w’intebe muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, Judith Suminwa yatangaje ko leta izashyira 20% by’ingengo y’imari yayo y’imyaka itanu mu kongerera ingufu igisirikare na polisi kugira ngo bibashe kugarura amahoro cyane cyane mu burasirazuba bw’igihugu. Mu muhango wo kwemeza guverinoma nshya ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku wa kabiri, Judith Suminwa yagaragaje gahunda y’imyaka itanu y’iyi leta akuriye. Mu ijambo ryamaze hafi amasaha abiri, Suminwa yarambuye inkingi esheshatu n’ibikorwa nyamukuru byazo iyi guverinoma ye izibandaho hagati ya 2024 na 2028. Suminwa usanzwe ari inzobere mu bukungu, yavuze ko inkingi ya mbere ari “uguhanga imirimo no kuzamura ubushobozi bw’ingo…
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku mugoroba w’ejo kuwa Kane tariki 30 Gicurasi 2024, ryashyizweho umukono na Lawrence Kanyuka; Umuvugizi w’Ihuriro AFC ribarizwamo na M23, rivuga ko M23/AFC bababajwe bikomeye n’ibitero bikomeje kugabwa ku baturage b’abasivile bikorwa na SAMIDRC, mu bufatanye bw’ubutegetsi bwa Kinshasa, burimo FARDC, FDLR, inyeshyamba (Wazalendo) n’ingabo z’u Burundi. Iri tangazo rivuga ko ibitero byabaye kuri uyu wa Kane tariki 30 Gicurasi 2024, byahitanye abasivile 10, abandi benshi bagakomereka, mu gihe hari n’abandi benshi bavuye mu byabo, nyuma y’uko inzu zabo zisenywe n’ibisasu biremereye byarashwe. Rigakomeza rigira riti “ARC/AFC nk’uko yakomeje kwirwanaho no kurinda abaturage, yabashije gusubiza inyuma abarwana…
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yarebye umukino Rivers Hoopers yegukanyemo umwanya wa gatatu. Ikipe ya Rivers Hoopers yo muri Nigeria yatsinze Cape Town Tigers amanota 90-57, yegukana umwanya wa gatatu muri BAL 2024, mu mukino warebwe na Perezida Paul Kagame. Perezida Kagame yakurikiye uyu mukino ari kumwe na Perezida wa BAL, Amadou Gallo Fall, Umuyobozi wa NBA Africa, Clare Akamanzi, Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa na Perezida wa FERWABA, Mugwiza Désiré. Ni umunsi wa gatatu Perezida Kagame yitabiriye iyi mikino ya nyuma iri gusorezwa i Kigali nyuma yo kureba ibiri yabanje mu mpera z’icyumweru gishize. Uyu mukino…
Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 24 Gicurasi 2024 , ikigo G.S Camp kigali School y’ibutse abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Mu butumwa bwatanzwe n’abayobozi batandukanye basabye abanyeshuri gukoresha imbugankoranyambaga barwanya abapfobya amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi bagaragaza ibyo u Rwanda rwagezeho n’amateka nyakuri yaranze u Rwanda. Ibi babisabwe mu muhango wo kwibuka wabanjirijwe no gushyira indabo ku rwibutso witabiriwe n’abayobozi batandukanye, ubuyobozi bw’ikigo, abarimu, ababyeyi barerera muri iki kigo, abanyeshuri bari mu muryango wa AERG baturutse mu bindi bigo n’abayobozi bibigo bitandukanye byo muri Nyarugenge mu rwego rwo gufata mu mugongo bagenzi babo bo muri G.S CampKigali school…
Mu gihe itangazamakuru mu Rwanda rihora rivuga ko nta mikora rifite yo gukomeza akazi karyo, mu muvuno mushya Hon. Dr. Frank Habineza ubwo yarangaga Kandidatire ku mwanya w’umukuru w’igihugu yavuze ko azashyiraho ikigega kizajya gitanga inguzanyo ku banyamakuru kugirango bakore ariko bafite n’ubushobozi. Perezida w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda, DGPR, (Democratic Green Party of Rwanda), Dr Frank Habineza, yashyikirije Komisiyo y’Amatora, Kandidatire ye ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora ateganyijwe muri Nyakanga 2024. Kuri uyu wa 20 Gicurasi 2024 nibwo Habineza yakiriwe na Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Oda Gasinzigwa, ku biro bya Komisiyo y’Amatora…
While the management of the Rwanda Mines, Petroleum and Gas Board, (RMB) in Rwanda continues to encourage mining professionals to be environmentally friendly, Big Mining Company Ltd operating in the Ruhango region has put its efforts into mining where they speak that environmental conservation is their goal. The management of Big Mining Company Ltd, says that they have time to discuss with the workers on how to continue to develop the mining sector so that it continues to produce the right production while preserving the health and safety of those who work in this sector and the preservation of the…