
Author: Eric Bertrand Nkundiye
Ikigo Mega Global Market gifite isoko rikorera ku ikoranabuhanga ariko rikanagira amasoko mu Rwanda no muri Canada, cyahembwe nk’ikigo gicuruza inyunganiramirire cyitwaye neza mu mwaka wa 2024 mu Rwanda (Food Supplements Company Of The Year). Mega Global Market yahembwe mu bihembo bitegurwa na Karisimbi Events bizwi nka ‘Consumers Choice Awards’.Umuyobozi Mukuru wa Mega Global Market, Dr. Francis Habumugisha, yishimiye iki gihembo ikigo abereye umuyobozi cyatwaye. Yagize ati “Ni umunezero mwinshi uyu munsi kuba ikigo cyacu cyatwaye igihembo gikomeye nk’iki. Gutanga serivisi nziza, ibicuruzwa byiza bikaba bituruka ku bunararibonye bw’imyaka 20 maze muri aka kazi ko gukwirakwiza inyunganiramirire.” Dr. Francis Habumugisha…
Muri Diyoseze ya Kibungo, Paruwasi ya Rwamagana haravugwa igihombo cya Miliyoni 22 z’umushinga RW0622 cyatewe no kunyereza amafaranga yagombaga kwita ku bana bafashwa muri uyu mushinga uterwa inkunga na Kompasiyo ishami ry’u Rwanda. Ni igihombo bivugwa ko cyatewe no guhimba inyemezabwishyu, kurihirira abanyeshuri batiga ( Baringa) no gukuba kabiri ibyaguzwe ( urugero hari nk’aho ngo baguraga ibiryo by’inkoko zororerwa ku mushinga byagombaga kugurwa rimwe mu kwezi ariko ngo byaje kugaragara ko bandikaga ko byaguzwe kabiri). Kuki Nkuranga Aloys umuhungu wa Musenyeri Emmanuel Ntazinda ariwe uvugwaho guhombya uyu mushinga ? Umwe mu bakirisito bo muri Paruwasi ya Rwamagana, uyu mushinga ukoreramwo…
Muri iyi baruwa yandikiwe Musenyeri Emmanuel Ntazinda yiyamwa na Rev. Dr. Ernest Mahoro ngo warukomeje kumesebya imbere y’abapasitoro b’itorero Angirikani muri Diyoseze ya Kibungo Kandi yaramuhunze igaragaramo amagambo yigisha Musenyeri Ntazinda ko akwiye kugaruka mu nshingano akareba icyo abakirisito bakeneye no kubakomeza mu rugendo rujya mu ijuru. Ni ibaruwa yanditswe kuwa mbere tariki ya 11 Nyakanga 2022 Aho igira iti: ” Ntabwo binyoroheye kubona uko nandika iyi message nyuma y’imyaka irindwi nirengagiza ibinyoma, gusebenya, n’urwango umfitiye. Ariko ndagirango nkumenyeshe ko gusebanya bihanwa n’amategeko agenga U Rwanda ndetse na Canon z’itorero Anglikani uvuga ko ukorera. Kuba narakwihoreye mu bihe byashize si…
Kuri uyu wa Gatatu, Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Tete Antonio, amugezaho ubutumwa bwa Perezida wa Angola, Joao Manuel Gonçaves Laurenço, usanzwe ari umuhuza mu biganiro byo gushakira umuti ibibazo by’umutekano muke biri mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Tete Antonia aje mu Rwanda, nyuma y’iminsi itatu, hasubitswe ibiganiro byagombaga guhuza Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na Perezida wa RDC, Felix Antoine Tshisekedi, byagomba kuba ku cyumweru tariki ya 15 Ukuboza. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb Olivier Nduhungirehe yatangaje ko icyatumye aba bakuru b’ibihugu badahurira i Luanda nk’uko byari biteganyijwe, ari uko habayemo kwisubira…
Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) igaragaza ko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku kigero cya 8.1% mu gihembwe cya gatatu cya 2024, mu gihe umusaruro mbumbe w’imbere mu gihugu ubarirwa agaciro ka miliyari 4.806 Frw. Ni raporo yagaragajwe kuri uyu wa kabiri, tariki ya 17 Ukuboza 2024. Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yagaragaje ko ikigero ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho ari cyiza. Umusaruro mbumbe w’ubukungu mu gihembwe cya gatatu cya 2024, wazamutse ku kigero cya 8.1%, nyuma y’uko wari wazamutse 9.8% mu gihembwe cya kabiri, ndetse na 9.7% mu gihembwe cya mbere. Ni mugihe kandi umusaruro mbumbe uri kuri miliyari 4,806 Frw,…
Nk’uko twagiye tubigaragaza mu nkuru zacu zabanje aho abakirisito ba Anglican Diyoseze ya Kibungo bagiye bagaragaza imicungire mibi y’imishinga bafashwamo na Compassion ishami ry’u Rwanda . bagaragaje ko iyo mishinga yagiye icungwa nabi n’abakozi bashizweho na Musenyeri wa Anglican diyoseze ya Kibungo Emmanuel NTAZINDA, ngo bitewe n’uko ngo bagabanaga ibyayivuyemwo. Abakirisito bavuga ko hafi imyanya yose ishyirwamo bene wabo na Musenyeri Aba bakiristo bavuga ko mu myaka 13 uyu Musenyeri amaze yimitswe yigwijeho imitungo ya Diyoseze afifashijwemo n’abanyamuryango be. Aba bakiristo bakomeza bagaragaza abo banyamuryango Aho yagiye abohereza kuyobora , bati :” muri Paruwasi Rukira hari uwitwa Karangwa ni project…
Umutwe witwaje intwaro wa M23 kuri uyu wa 16 Ukuboza 2024 wafashe agace ka Alimbongo muri teritwari ya Lubero nyuma y’imirwano ikomeye yayihanganishije n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ihuriro rya Wazalendo. Alimbongo yari nk’igikuta gikomeye cyabuzaga M23 kwinjira mu bindi bice byo muri Lubero kuko kuva uyu mutwe wafata ibice birimo Kanyabayonga, Kayna na Kirumba; ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC ryahashyize uburinzi bukomeye. Aka gace gafashwe nyuma ya Matembe, yisubijwe na M23 tariki ya 15 Ukuboza 2024, Leta ya RDC ikaba ifite impungenge ko santere ya Lubero na yo ishobora gufatwa mu gihe cya vuba. Umuvugizi wa…
Kugeza ubu hari ikibazo cy’imicungire y’iminshinga muri EAR Diocese Kibungo, bamaze gutakaza imishinga myinshi ifungwa kubera imicungire mibi, hari muri Paruwasi ya Gahima,umushinga warafunzwe kubera guhomba asaga million 50, aba kristo birangira aribo bayishyuye ibi byose ngo byakozwe na Nkuranga Aloys mwene wabo na Musenyeri wa Anglican Diyosese ya Kibungo. Ntibyaramgiriye Aho kuko bidatinze kuko n’umushinga wari uri I Kayonza warafunzwe ibi bibazo by’imicungire mibi byaje kwimukira na Rwamagana. Abakristo bavuga ko ikibabaje abakozi bashinzwe iyi mishinga, iyo bayihombeje bagororerwa kwimurirwa ahandi bikarangira naho hafunzwe, bagatanga urugero, rw’uwayoboraga umushinga muri Paruwasi Kayonza nyuma yo gucunga nabi umushinga ugafungwa ngo yimuriwe…
Brian Kagame, umwana muto wa Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, ejo ku wa gatanu yarangije amasomo ya gisirikare yo ku rwego rwa Officer Cadet ku ishuri rikuru rya gisirikare rikomeye ryo mu Bwongereza rya Royal Military Academy Sandhurst. Amafoto yatangajwe ku rubuga nkoranyambaga X n’Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye, agaragaza nyina Jeannette Kagame yitabiriye ibyo birori, hamwe na bakuru be Yvan Cyomoro Kagame na Ian Kagame, n’abandi ba hafi y’uwo muryango. Brian Kagame arangije muri iryo shuri nyuma yuko na mukuru we Ian Kagame aharangije muri Kanama (8) mu mwaka wa 2022. Ian Kagame, ubu ugeze ku ipeti…
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB, rwafunze Gen Maj (Rtd) Richard Rutatina, nyuma y’igihe rumukoraho iperereza ku byaha byo guha amabwiriza abakozi be, bagakubita uwari waraye mu nzu ye. Uwakubiswe yari yagiye gusura umukozi ukora mu rwuri (farm) rwa Rutatina ruherereye mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Murundi. Icyo cyaha akurikiranyweho cyakozwe tariki 27 Ugushyingo 2024. Bivugwa ko uwo muntu wakubiswe n’abakozi bakora mu rwuri rwa Rutatina ku mabwiriza ye. Amakuru ava ku Bitaro uwo muntu yivurijeho, avuga ko ari kugenda yoroherwa. Dosiye ya Rutatina hamwe n’abakozi be icumi igomba gushyikirizwa Ubushinjacyaha kuri uyu wa Gatanu. RIB yasabye abaturarwanda kwirinda…