Author: Eric Bertrand Nkundiye

Mu gihe ibihugu byinshi biri gushyira imbaraga mu gucyemura amakimbirane hifashishijwe inzira z’amahoro, u Rwanda narwo rukomeje kwihutisha gahunda y’ubuhuza nk’uburyo burambye bwo gukemura ibibazo by’ubucuruzi hadakoreshejwe inkiko. Hagaragajwe akamaro k’ubuhuza mu kurengera igihe, amafaranga, no kubungabunga umubano hagati y’impande zifitanye ibibazo himakazwa amahoro.  Mu rwego rwo gushakira ibisubizo birambye amakimbirane akunze kugaragara mu bucuruzi, urwego rw’ubucamanza ku bufatanye n’urugaga rw’abikorera (PSF) rwasabye abacuruzi n’abafatanyabikorwa babo kwitabira inzira y’ubuhuza nk’uburyo bwihuse, buhendutse kandi bunoze bwo gukemura ibibazo, aho kujya mu nkiko bisaba igihe, amafaranga n’imbaraga nyinshi.  Ibi byagarutsweho kuwa kane tariki 15 Gicurusi 2025 mu nama yabereye i Kigali, yahuje…

Read More

Abarwanashyaka b’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR) batangaza ko biteguye gukomeza gufatanya n’abandi Banyarwanda mu guteza imbere ubukungu bw’igihugu n’iterambere rirambye. Ibi babigarutseho mu nama ya Biro Politiki y’iri shyaka yateraniye i Kigali ku wa Gatandatu, tariki ya 10 Gicurasi 2025. Abarwanashyaka ba Democratic Green Party of Rwanda baturutse mu ntara zose z’igihugu bitabiye biro politike y’ishyaka . hemejwe ba komiseri mu nzego z’ishyaka mu nzego nyinshi zitandukanye ndetse hatangwa amahugurwa ku ngingo zirimo imiyoborere, amatora n’ibindi. Abarwanashyaka ba Green Party Rwanda bijeje ubufatanye mu guteza imbere igihugu no gutanga ibitekerezo mu bwisanzure, kuko bari mu gihugu…

Read More

Ku gicamunsi cyo ku wa 25 Mata, urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) rwifatanyije n’abanyarwanda mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, banashimangira ko ibyabaye bitazongera kubaho ukundi. Iki gikorwa cyitabiriwe n’abayobozi b’ibigo bitandukanye, abakozi n’abanyamuryango ba PSF, ndetse na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda wari n’umushyitsi mukuru.  Ni igikorwa cyatangijwe n’urugendo rwatangiriye mu Kanogo rurusorezwa ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali i Gisozi, aho bashyize indabo ku mva iruhukiyemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu kiganiro cyatanzwe na Abimana Mathias, uhagarariye PSF mu Ntara y’Iburasirazuba, yagarutse ku buryo bamwe mu bagombaga kurwanya ingengabitekerezo ya…

Read More

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Nyarugenge, bavuga ko bagikomeretswa n’abantu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bacyihishahisha hirya no hino ku Isi. Bavuga ko kuba batarakurikiranwa mu butabera ari agahinda kuri bo kuko bakeneye ubutabera abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye abasaga miliyoni mu minsi 100 gusa bakaryozwa ibyo bakoze. Babigarutseho ku wa Mbere tariki 14 Mata 2025, mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Segiteri Cyahafi, ubu ni mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge. Uwimana Marie Aimé, Visi Perezida w’Umuryango Uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside (IBUKA),…

Read More

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yagiranye ibiganiro kuri telefone na mugenzi we wa Serbia, Marko Djuric. Ni ibiganiro Byibanze ku kwagura umubano no kureba inzego nshya z’ubutwererane hagati y’ibihugu byombi. U Rwanda na Serbia bifitanye umubano ushingiye ku bucuruzi na dipolomasi kuva mu 1971, uyu mubano wagiye ushyirwamo imbaraga cyane ndetse iki gihugu gifite umubare munini w’Abanyarwanda batuyeyo biganjemo abanyenshuri. Muri Mata 2023, ibihugu byombi byemeranyije gukorana ubucuruzi mu bijyanye guhahirana ingano n’ibigori hagamijwe kuziba icyuho cyatewe n’igabanyuka ry’ibinyampeke u Rwanda rwavanaga mu Burusiya na Ukraine. Muri iki gihugu u Rwanda ruhagariwe na Lt Gen Frank Mushyo Kamanzi,…

Read More

Amashusho y’abapolisi benshi barimo gukubita umuntu mu muhanda i Kinshasa yazungurutse henshi ku mbuga nkoranyambaga guhera ku cyumweru yahujwe n’urupfu rw’umupolisi Fiston Kabeya, ariko ibi bishobora kuba ari ibintu bibiri bitandukanye. Igipolisi cya DR Congo kivuga ko uburyo Kabeya yapfuyemo “butarasobanuka neza”, kandi kikaburira abantu kwirinda “amakuru atari yo” ku bivugwa kuri uru rupfu. Urupfu rw’uyu mupolisi wo mu muhanda rwemejwe mu mashusho y’ubuhamya butangwa n’uvuga ko ari mugenzi wa Kabeya wavuze ko Kabeya yakubiswe n’abashinzwe umutekano wa Minisitiri w’intebe kuko yabujije imodoka zigendana na we kunyura ahatemewe n’amategeko. Ko uko gukubitwa byamuviriyemo urupfu. Igipolisi cya DR Congo cyemeza ko…

Read More

Ihuriro ACOREB rihuza Abepiskopi Gatolika b’u Rwanda n’ab’u Burundi, basabye u Burundi ko hakorwa ibishoboka byose, imipaka ihuza u Burundi n’u Rwanda igafungurwa bityo Abarundi n’Abanyarwanda bakongera kugenderana nkuko byari bisanzwe. Ni ingingo yagarutsweho mu nama isanzwe ibahuza, yateraniye i Kibungo ku Cyumweru tariki 30 Werurwe 2025 kugera ku wa Kabiri tariki 1 Mata 2025. Itangazo risoza inama y’Abepiskopi Gatolika b’u Rwanda n’ab’u Burundi, rigira riti: “Tubabajwe no kuba kugera ubu imipaka ihuza u Rwanda n’u Burundi ifunze. Twishimiye ko hari ibyatangiye gukorwa kugira ngo umubano hagati y’ibihugu byombi wongere kubaho. Turasaba abayobozi gukoresha inzira y’amahoro na dipolomasi maze urujya…

Read More

Ikigo Mega Global Market gifite isoko rikorera ku ikoranabuhanga ariko rikanagira amasoko mu Rwanda no muri Canada, cyahembwe nk’ikigo gicuruza inyunganiramirire cyitwaye neza mu mwaka wa 2024 mu Rwanda (Food Supplements Company Of The Year). Mega Global Market yahembwe mu bihembo bitegurwa na Karisimbi Events bizwi nka ‘Consumers Choice Awards’.Umuyobozi Mukuru wa Mega Global Market, Dr. Francis Habumugisha, yishimiye iki gihembo ikigo abereye umuyobozi cyatwaye. Yagize ati “Ni umunezero mwinshi uyu munsi kuba ikigo cyacu cyatwaye igihembo gikomeye nk’iki. Gutanga serivisi nziza, ibicuruzwa byiza bikaba bituruka ku bunararibonye bw’imyaka 20 maze muri aka kazi ko gukwirakwiza inyunganiramirire.” Dr. Francis Habumugisha…

Read More

Muri Diyoseze ya Kibungo, Paruwasi ya Rwamagana haravugwa igihombo cya Miliyoni 22 z’umushinga RW0622 cyatewe no kunyereza amafaranga yagombaga kwita ku bana bafashwa muri uyu mushinga uterwa inkunga na Kompasiyo ishami ry’u Rwanda. Ni igihombo bivugwa ko cyatewe no guhimba inyemezabwishyu, kurihirira abanyeshuri batiga ( Baringa) no gukuba kabiri ibyaguzwe ( urugero hari nk’aho ngo baguraga ibiryo by’inkoko zororerwa ku mushinga byagombaga kugurwa rimwe mu kwezi ariko ngo byaje kugaragara ko bandikaga ko byaguzwe kabiri). Kuki Nkuranga Aloys umuhungu wa Musenyeri Emmanuel Ntazinda ariwe uvugwaho guhombya uyu mushinga ? Umwe mu bakirisito bo muri Paruwasi ya Rwamagana, uyu mushinga ukoreramwo…

Read More

Muri iyi baruwa yandikiwe Musenyeri Emmanuel Ntazinda yiyamwa na Rev. Dr. Ernest Mahoro ngo warukomeje kumesebya imbere y’abapasitoro b’itorero Angirikani muri Diyoseze ya Kibungo Kandi yaramuhunze igaragaramo amagambo yigisha Musenyeri Ntazinda ko akwiye kugaruka mu nshingano akareba icyo abakirisito bakeneye no kubakomeza mu rugendo rujya mu ijuru. Ni ibaruwa yanditswe kuwa mbere tariki ya 11 Nyakanga 2022 Aho igira iti: ” Ntabwo binyoroheye kubona uko nandika iyi message nyuma y’imyaka irindwi nirengagiza ibinyoma, gusebenya, n’urwango umfitiye. Ariko ndagirango nkumenyeshe ko gusebanya bihanwa n’amategeko agenga U Rwanda ndetse na Canon z’itorero Anglikani uvuga ko ukorera. Kuba narakwihoreye mu bihe byashize si…

Read More