U Bubiligi burimo gukoresha ibikoresho bya NATO mu kuzambya ibintu mu ntambara yo mu burasirazuba bwa DRC mu gihe imirwano ikomeje kwiyongera hagati y’Ingabo za Congo (FARDC) n’inyeshyamba za AFC / M23, aho buvugwaho ko bwongereye inkunga ya gisirikare buha Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) mu rwego rwo kubuza inyeshyamba gutera imber

Kuri iyi nshuro, u Bubiligi buri gukoresha ibikoresho by’Umuryango wa NATO mu bikorwa byabwo muri DRC nkuko inkuru yashyizwe ahagaragara na The Great Lakes Eye ivuga.

Ku itariki ya 9 Ugushyingo, indege itwara imizigo y’ingabo zirwanira mu kirere, Airbus A400M Atlas, ifite numero CT-04, yagaragaye igwa ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya N’Djili, i Kinshasa.

Indege yageze mu Bubiligi nyuma yo guhagarara ku kibuga cy’indege cya Zaragoza muri Espagne yapakiriye ibikoresho bya gisirikare.

Ikibuga cy’indege cya Zaragoza kizwi cyane mu kwakira imyitozo ihuriweho ya NATO kandi hari rumwe mu nganda zikomeye zikora amasasu mu Burayi, rwa INSTALAZA, S.A.

Isosiyete ifite ibigo muri Zaragoza mu nganda za gisirikare z’inzobere mu bijyanye no gushushanya, guteza imbere, no gukora sisitemu z’intwaro zigezweho, zirimo ibisasu bya roketi, optronics, grenade zo mu ntoki, hamwe n’ibikingira amasasu.

Hamwe no gukoresha mu buryo butaziguye ibikoresho bya NATO mu bikorwa bya gisirikare muri DRC, u Bubiligi bukomeje kugira uruhare mu buryo bwihishe mu bibazo bidashira byo muri DRC.

Uruhare rwa gisirikare rw’u Bubiligi mu ntambara yo muri DRC, aho bushyigikiye FARDC ifatanyije n’imitwe yitwara gisirikare ya Wazalendo, Ingabo z’u Burundi, n’umutwe witwaje intwaro wajenoside wa FDLR (washinzwe na bamwe mu bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi) mu kurwanya AFC / M23, rwagaragaye cyane kuva izi nyeshyamba zubura intwaro mu 2021.

Indege zitwara imizigo z’Igisirikare cy’u Bubiligi zikoresha inzira nyinshi, nk’Ikibuga Mpuzamahanga cya Melchior Ndadaye mu Burundi, Ikibuga cy’Indege cya Kisangani, Ikibuga cy’Indege cya Kindu, n’Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya N’Djili i Kinshasa, mu gutwara ingabo, intwaro n’amasasu.

Share.
Leave A Reply