
Author: Magnifique Mukantwali
Kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Ugushyingo 2025, Umuryango Nyarwanda ushinzwe kurwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, watangije umushinga witwa “INTERA” ugamije kubakira ubushobozi abaturage, kugira ngo babashe guharanira uburenganzira bwabo, mu mishinga ijyanye n’iyubakwa ry’ibikorwaremezo byita ku nyungu z’abaturage kandi bubungabunga ibidukikije. Uyu mushinga kandi witezweho kugira uruhare mu gukemura bimwe mu bibazo abaturage baterwa n’imwe mu mishinga y’ibikorwaremezo idakorwa neza. Urugero ni nk’imihanda yubakwa ariko ugasanga nta miyoboro y’amazi yashyizweho, bigakururira abayituriye isuri. Ugamije kandi kububakira ubushobozi, kugira ngo baharanire uburenganzira bwabo mu mishinga ijyanye n’iyubakwa ry’ibikorwaremezo mu buryo bwita ku nyungu zabo, kandi bubungabunga ibidukikije. Umunyamabanga Uhoraho…